Dark Mode
  • Saturday, 27 July 2024

Inzobere z’abaganga zemeje ko Kabuga nta bushobozi agifite mu by'imitekerereze

Inzobere z’abaganga zemeje ko Kabuga nta bushobozi agifite mu by'imitekerereze

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Werurwe 2023, hasubukuwe urubanza ubushinjacyaha bw’Urwego rwasigariyeho kurangiza imanza zasizwe n’inkiko mpuzamahanga buregamo umunyemari Kabuga Felisiyani ibyaha bya Jenoside, inzobere yemeza ko nta bushozi bw’imitekerereze agifite ku buryo yakurikirana urubanza rwe.


Ni iburanisha ryibanze ku kumva ibisobanuro mu magambo bya Muganga Porofeseri Henry Kennedy, umwe mu mpuguke z’abaganga bigenga zasuzumye Kabuga, zibisabwe n’urwego rwasigariyeho kurangiza imanza zasizwe n’inkiko mpuzamahanga; ni nyuma y’aho mu iburanisha riheruka ubushinjacyaha bwari bwavuze ko ibikubiye muri raporo y’amapaji atatu izi mpuguke zakoze ubwabyo bidahagije ngo hanzurwe ko Kabuga atagishoboye kuburana burundu; nk'uko Ijwi ry'Amerika ryabitangaje.


Muganga Kennedy yabwiye urukiko ko mu kwezi gushize kwa Gashyantare ubwo we na bagenzi be babazaga Felisiyani Kabuga ibibazo, yagaragaje ubushobozi buke cyane bwo kumva ibisobanuro bya bimwe mu bibazo yabazwaga.


Ku rundi ruhande ariko akavuga ko hari ingingo zimwe bumvaga atangaho ibisubizo byumvikana ku bibazo abajijwe, n’ubwo ibisubizo bye byabaga ari bigufi cyane, nko mu nteruro imwe; atanga urugero rw’aho bamubajije umubare w’abana afite, Kabuga agasubiza ko ‘mu muco akomokamo ari bibi kubara abana umuntu afite.’


Muganga Kennedy yavuze ko iki kibazo yagisabiye Kabuga imbabazi, ariko Kabuga asa n’utakaje umujyo w’ikiganiro barimo, amubaza impamvu arimo gusaba imbabazi; uyu muganga kandi yavuze ko hari aho yabajije Kabuga niba mu gihe yaba asohotse muri gereza yajya kubana n’umwe mu bakobwa be; maze Kabuga amusubiza ko abakobwa be bashatse abagabo, bityo ayo ataba ari amahitamo meza.


Iyi mpuguke ikavuga ko uwabasemuriraga yababwiye ko ‘mu muco nyarwanda ababyeyi bashaje badakunda kujya kuba mu ngo z’abana babo bashatse nk’uko akenshi bigenda i Burayi.’


Umucamanza Iain Bonomy ukuriye inteko iburanisha yabajije uyu muganga niba kuba ibiganiro bagiranye na Kabuga byarabaye atarakira neza indwara eshatu yari amaranye iminsi nta ngaruka byagize ku buryo bwe bw’imisubirize, Muganga Kennedy asubiza ko ibyo nabyo yabirebyeho, ariko kandi ugukomeza gusubira inyuma cyane kwe mu ntekerezo, mu buryo abona ibintu no mu kwiyitaho kwa buri munsi na n’ubu kugikomeza, we yibwira ko impamvu yabyo irenze gushakirwa gusa kuri izo ndwara zindi.


Abajije iyi mpuguke y’umuganga niba byakwizerwa neza ko Kabuga atarimo kujijisha abaganga agaragaza uburwayi bwe ku rwego rudahuye n’urwo mu by’ukuri buriho, agamije kuyobya urukiko, Muganga Kennedy yifashishije urubanza rwigeze gucibwa mu Bwongereza, yavuze ko bijya bibaho ko umuburanyi ashobora kujijisha abaganga agamije kuyobya urukiko, ariko ashingiye ku makuru ya kiganga yabonye mu nshuro eshatu yamusuzumye mu bihe bitandukanye, bigaragara by’ukuri ko ubuzima bwe bwo mu mutwe bugenda buba bubi kurushaho umunsi ku wundi.


Umucamanza Iainy Bonomy yabajije Muganga Henry Kennedy niba asobanukiwe icyo bivuze mu buryo bw’inzego z’ubutabera kwanzura ko uburana atagifite ubushobozi bw’imitekerereze bwo kuburana, amusubiza ko mu nzego z’ubutabera za byinshi mu bihugu, iyo uregwa atagishoboye burundu kuburana urubanza ruhagarikwa; gusa ariko uyu mucamanza avuga ko ibyo biba mu gihe bigaragaye ko uregwa, mu buryo bw’ubuzima bwo mu mutwe adashobora kugira uruhare mu rubanza mu buryo bwuzuye, uretse kuba ari aho gusa mu cyumba cy’iburanisha.


Aha ni naho yabajije Muganga Kennedy niba ashingiye ku isuzumabuzima we na bagenzi be bakoze kuri Kabuga kumuzana mu rukiko byakwangiza ubuzima bwe, asubiza ko mu bisubizo bye, Kabuga yumvikanisha ko bishobora kwangiza ubuzima bwe, ariko we asanga bishobora kumunaniza mu bwonko kurushaho, ariko bitamutera ihungabana.


Umucamanza Iain Bonomy yabajije iyi nzobere niba hari icyo byafasha guhindura gahunda y’imiburanishirize cyane cyane igihe iburanisha rimara hagamijwe kwihutisha, ariko bigakorwa hagendewe k’uko ubuzima bwa Kabuga buhagaze; Muganga Kennedy asubiza ko nk’inzobere isanzwe ikorana n’ubutabera, azi itandukaniro hagati y’igitekerezo mu bijyanye n’amategeko, n’icyo mu buryo bwa kiganga, kandi ko ibyemezo byo mu rwego rw’ubucamanza bisaba igisubizo cya yego cyangwa oya, mu gihe ibya kiganga byo bisobanura kurenza aho; bityo ku cyemezo cy’uko Kabuga yabasha cyangwa atabasha kugira uruhare mu rubanza rwe, igisubizo cye ari 'oya' atabishobora, anongeraho ko mu gihe urubanza rwaba rukomeje, rwakomeza we adahari.


Kubw’iyi nzobere, ibyo bikanaterwa n’uko bigaragara ko ubushobozi bwe bwo kuba yitaye ku birimo kuba no kuba yabigiramo uruhare agaragaza ibyifuzo bye buhindagurika buri kanya, kandi bigaragara ko uko igihe gishira bugenda bugabanuka.


Biteganijwe ko iburanisha rikomeza kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023, Muganga Profeseri Henry Kennedy akomeza gutanga ibisobanuro mu magambo ku isuzumabuzima we na bagenzi be bakoreye umunyemeri Kabuga Felisiyani uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.

 

Safi Emmanuel

 

Comment / Reply From