Dark Mode
  • Thursday, 25 April 2024

Umuramyi Vedaste N. Christian n'abandi bagiye gutaramira abantu ku buntu

Umuramyi Vedaste N. Christian n'abandi bagiye gutaramira abantu ku buntu

Umuramyi Vedaste Niyondora Christan ari kumwe n’abandi bazataramira abakunzi b’indirimo zo kuramya Imana, mu gitaramo yise ‘Uzi gukunda Live Concert’, aho kwinjira bizaba ari ubuntu.


Ni igitaramo kizaba ku Cyumweru tariki 07 Kanama 2022 kuri Dove Hotel, aho biteganijwe ko kizatangira ku isaha ya saa munani z’amanywa.


Uretse Vedaste N. Christian wamenyakanye cyane mu ndirimbo ‘Uzi gukunda’, muri iki gitaramo yanatumiyemo abandi baramyi batandukanye barimo Alex Dusabe, Simon Kabera, Aime Frank, Papi Claver & Dorrcas, ndetse na Bishop Dr Masengo Fidele mu ijambo ry’Imana.


Mu kiganiro n’abanyamakuru abajijwe impamvu iki gitaramo kizakorwa ku buntu, Vedaste N. Christian yavuze ko ikigamijwe Atari ubucuruzi no gukorera amafaranga, ahubwo ko intego yacyo ari ukugeza ku bantu ubutumwa bwiza bw’Imana, dore ko iki gitaramo gifite abaterankunga barimo Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera(Rwanda Forensic Laboratory-RFL), Bolore, HIPPO Roofing, Lamane ndetse na JIBU.


Ni igitaramo cya kabiri Vedaste N. Christian agiye gukora, nyuma y’icyo yakoreye kuri ADEPR Murambi ari naho asanzwe akorera umurimo w’Imana mu mwaka wa 2019.

Umuramyi Vedaste N. Christian n'abandi bagiye gutaramira abantu ku buntu

Comment / Reply From