Dark Mode
  • Friday, 29 March 2024

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’igisirikare cy’u Rwanda

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’igisirikare cy’u Rwanda

Kuri uyu wa Mbere tariki 05 Kamena 2023, Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, aho Bwana Juvenal Marizamunda yagizwe Minisitiri w’Ingabo, naho Lt Gen Mubarak Muganga agirwa Umugaba Mukuru w’Ingabo.


Marizamunda wari usanzwe ari Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), yasimbuye Maj Gen Albert Murasira wari kuri uwo mwanya kuva mu Ukwakira 2018.


Marizamunda yahoze ari umusirikare kuko yimuriwe muri Polisi y'u Rwanda mu 2014, icyo gihe yari afite ipeti rya Lieutenant Colonel, ni mu gihe yagiye kuyobora RCS mu mwaka wa 2021.


Ni mu gihe Lt Gen Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yari asanzwe ari Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, akaba yasimbuye Gen Jean Bosco Kazura, wagiyeho mu 2019.


Umwanya w’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka wahise uhabwa Maj Gen Vincent Nyakarundi, wari usanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare; nawe asimburwa by’agateganyo mu butasi bwa gisirikare na Colonel Francois Regis Gatarayiha, n’ubundi wari usanzwe amwungirije.


Mu bandi bashyizweho, barimo Maj Gen Alex Kagame wagizwe Umuyobozi w’ibikorwa by’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda muri Mozambique, naho Maj Gen Eugene Nkubito wagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatatu ya RDF, ikorera mu Burengerazuba bw’u Rwanda.


Colonel Theodomir Bahizi yagizwe Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’urugamba mu Ngabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, mu gihe Lt Col Augustin Migabo yazamuwe mu ntera ahabwa ipeti rya Colonel, agirwa Umuyobozi wungirije w’umutwe udasanzwe w’Ingabo z’u Rwanda (Special Force Command).


Brig Gen Evariste Murenzi wari usanzwe ari Umuyobozi wungirije wa diviziyo ishinzwe ibikorwa byihariye yagizwe umuyobozi w’Urwego rushinzwe Igorora(RCS) asimbuye CG Marizamunda, mu gihe undi wahawe umwanya ari Jean Bosco Ntibitura, wagizwe Umuyobozi Mukuru mu Rwego rushinzwe Iperereza n’umutekano w’igihugu (NISS), ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu.

 

Umugaba mukuru w'ingabo z'u Rwanda yaherukaga guhindurwa mu Ugushyingo 2019, ubwo Jenerali Kazura, icyo gihe wari Jenerali Majoro, yazamurwaga mu ntera mu mapeti agasimbura Jenerali Patrick Nyamvumba, wari uri kuri uwo mwanya kuva mu 2013, ni mu gihe Jenerali Majoro Murasira we yari Minisitiri w'ingabo kuva mu Ukwakira 2018, umwanya yagezeho asimbuye Jenerali James Kabarebe wari uwumazeho imyaka umunani.


Comment / Reply From