Dark Mode
  • Friday, 29 March 2024

Amavubi y’u Rwanda atemerewe no kujurira, yatewe mpaga na CAF!

Amavubi y’u Rwanda atemerewe no kujurira, yatewe mpaga na CAF!

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 16 Gicurasi 2023, Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika(CAF), yateye u Rwanda mpaga nyuma yo gusanga rwarakinishije Muhire Kevin wari ufite amakarita abiri y’umuhondo ku mukino waruhuje na Bénin, inatangaza ko nta bujurire bwemewe.


Ni icyemezo cyatangajwe na CAF ibinyujije mu Kanama gashinzwe Imyitwarire, aho uyu mwanzuro uvuga ko "u Rwanda rutewe mpaga y’ibitego 3-0’’, ndetse CAF ikomeza itangaza ko "nta bundi bujurire bwemewe kuri uyu mwanzuro.’’


Nyuma yo kunganya igitego 1-1 n’Amavubi y’u Rwanda tariki 29 Werurwe 2023, ni bwo Ikipe y’Igihugu ya Bénin yareze muri CAF ivuga ko u Rwanda rwakinishije Muhire Kevin kandi afite amakarita abiri y’umuhondo.


Ni amakarita yabonye mu mikino yo gushaka itike yo gukina Igikombe cya Afurika cya 2024 kizabera muri Côte d’Ivoire, aho tariki 7 Kamena 2022, Muhire yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 69 ku mukino u Rwanda rwatsinzwemo na Sénégal igitego 1-0; yongera kubona indi ku munota wa 53, ubwo u Rwanda rwanganyijemo na Bénin igitego 1-1, umukino wabaye tariki 22 werurwe 2023.


Nyuma yo kwakira ikirego, tariki 10 Mata 2023, CAF yandikiye u Rwanda inaruha nyirantarengwa y’iminsi irindwi yo kuba rwatanze ibisobanuro ku kuba rwarakinishije Muhire Kevin kandi afite amakarita abiri y’umuhondo, ndetse tariki 16 Mata 2023, FERWAFA yandikira CAF itanga ubwiregure bukubiyemo ingingo zisobanura neza impamvu Muhire yakinishijwe n’ubwo mbere y’uyu mukino abareberera Amavubi bari bazi neza ko afite ayo makarita.


Itegeko rya 42 ku bijyanye n’imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika rivuga ko “umukinnyi ubonye amakarita abiri y’umuhondo agomba gusiba umukino ukurikiyeho. Iki gihano kigomba kumenyeshwa n’Ubunyamabanga [bwa CAF] ku mashyirahamwe bireba.”


Ingingo ya 12 yo ivuga ko “Ikipe yemereye umukinnyi wahagaritswe gukina igomba gutakaza umukino ku bitego 3-0.”


Ni mu gihe uretse ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi,’ iki kibazo cyanatumye abasifuzi bayoboye uyu mukino barangajwe imbere na Joshua Bondo bahagarikwa, aho yahanishijwe amezi atandatu, ndetse n’abasifuzi bane barimo uwamwungirizaga wa mbere, Souru Phatsoane, uwa kabiri Mogomotsi Morakile n’uwa kane, Tshepo Mokani Gobogoba bahanishwa guhagarikwa amezi atatu.


U Rwanda ruri mu Itsinda L ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika hamwe na Sénégal, Bénin na Mozambique, aho mbere yo guterwa mpaga rwari urwa gatatu n’amanota atatu inyuma ya Sénégal ya mbere n’amanota 12 na Mozambique ya kabiri n’amanota ane mu gihe Bénin yari iya nyuma n’amanota abiri.


Amavubi ari kwitegura kwakira Mozambique tariki 18 Kamena 2023 mu mukino bitaramenyekana aho uzabera kuko u Rwanda rutarasubizwa niba Stade ya Huye yemerewe kwakira imikino mpuzamahanga; Kuri ubu ni yo ya nyuma mu itsinda aho afite amanota abiri mu gihe Bénin yazamutse ku mwanya wa gatatu n’amanota ane.

 

Amavubi y’u Rwanda atemerewe no kujurira, yatewe mpaga na CAF!

Comment / Reply From