Dark Mode
  • Friday, 29 March 2024

Abatangabuhamya bongeye gutuma urubanza rwa Prince Kid rusubikwa

Abatangabuhamya bongeye gutuma urubanza rwa Prince Kid rusubikwa

Kuri uyu wa Kane tariki 17 Nyakanga 2022, nibwo hari hateganijwe gusubukura iburanisha ry’urubanza rwa Ishimwe Dieudonne wamamaye nka Prince Kid, ariko abatangabuhamya bongera gutuma rusubikwa.


Urubanza rwa Ishimwe Kagame Dieudonné wateguraga irushanwa rya Miss Rwanda rwasubitswe ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko uruhande rw’uyu uregwa rutanze inzitizi ku batangabuhamya.


Ni nyuma y’uko rusubitswe ku wa 15 Ugushyingo 2022, ubwo yageraga mu Rukiko hategerezwa abatangabuhamya bakabura, Urukiko rugafata umwanzuro wo kurusubika, rukanavuga ko rugomba gusubukurwa kuri uyu wa Kane nanone mu muhezo, humvwa abatangabuhamya rwari rwasabye ko bumvwa.


Ubwo bageraga mu Rukiko kuri uyu wa Kane, Me Emelyne Nyembo na Ishimwe Dieudonné yunganira, batanze inzitizi z’uko abatangabuhamya bari bagiye gutanga ubuhamya bari bafitwe n’ubushinjacyaha, babwira Urukiko ko abo batangabuhamya batatanga ubuhamya bwabo bisanzuye mu gihe bari kumwe n’ubushinjacyaha, basaba ko rusubikwa bakazatanga ubuhamya bwabo bari aho batashyirwaho igitutu.


Nyuma yo kwiherera kw’Urukiko rwagarutse ruvuga ko abatangabuhamya bagomba kuba bari ahantu bisanzuye mu gihe batanga ubuhamya bwabo, nk’uko Me Nyembo abivuga; runavuga ko abo batangabuhamya bane bazumvwa tariki 25 z’uku kwezi k’Ugushyingo 2022, nk’itariki uru rubanza rwimuriweho, batagaragajwe umwirondoro.


Ishimwe Dieudonne uzwi cyane nka PrinceKid, akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina; ibyaha we ahakana, mu gihe Umushinjacyaha yari yamusabiye gufungwa imyaka 16.


Yatawe muri yombi muri Mata uyu mwaka wa 2022, nyuma y’ibirego byatanzwe n'umwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda mu myaka ishize, ni mu gihe nyuma y’ibyo birego, Leta yabaye ihagaritse by'agateganyo irushanwa rya Miss Rwanda, kimwe mu bikorwa by'imyidagaduro bikurikiranwa na benshi mu Rwanda.

 

Comment / Reply From